Kuri uyu wa Gatatu Mutagatifu, tariki ya 8 Mata 2020, Nyirubutungane Papa Fransisko, mu nyigisho yagejeje ku Bakristu, muri Gahunda asanzwe agira buri wa Gatatu mu kwakira Abakristu, yadusabye kurangamira Umusaraba wa Nyagasani Yezu Kristu, kuko ariwo uduhishurira ku byo bwuzuye urukundo rwe n’isura ye nyakuri.
Muri iyi Minsi Mitagatifu, Papa Fransisko aradusaba kuzirikana ku Ivanjili itubwira Ibabara rya Nyagasani Liturujiya idutegurira; niho tuzakura ibisubizo ku bibazo twibaza, aho twibaza kuri icyi cyorezo cyugarije isi kikaba giteje ububabare bukabije ku isi, aho benshi bibaza aho Imana iri n’impamvu ntacyo ikora ngo igihagarike.
Papa araduha ibisubizo 2:
1 . Umusaraba n’Ivanjili dukwiye kwibandaho muri Liturujiya yo mu rugo muri iyi Minsi Mitagatifu.
Dufite akamenyero ko kubwira Imana ibyiza twifuza kugeraho, uburyo twumvamo ubutabera, ndetse n’ibyo tubona bitadushimisha, nk’uko Papa Fransisko abivuga. Nyamara Imana si uko iteye, Ivanjili irabitwigisha. Mu by’ukuri Imana ni Yo itwegera, kandi ku musaraba niho hagaragarira isura nyakuri yayo. Papa arifuza ko twarangamira Umusaraba dutuje, kugira ngo tubashe kumenya Nyagasani, maze adukize ibitekerezo bifutamye dukunda kumugiraho, maze ahasigaye turambure Bibiliya dusome Ivanjili.
2. Urukundo Imana yatugaragarije muri Pasika nirwo rugomba kutuyobora.
Twashoboraga guhitamo Imana igaragaza ububasha, ishobora byose, Imana itagaragaza intege nke, idashobora gupfa. Ariko, nk’uko Papa abivuga, hari igihe twibagirwa ko ububasha bw’iyi si buhita, nyamara Urukundo rugagoraho iteka: “Urukundo rw’Imana rwonyine nirwo ruturinda mu buzima dufite kuri iyi si, kuko arirwo rudutabara mu ntege nke zacu rukazihindura.
DORE UBUTUMWA PAPA YATANZE BUHINDUYE MU KINYARWANDA:
Bavandimwe, muri ibi byumweru bishishize twahuye n’icyorezo cyugarije isi yacu cyaduteje imibabaro myinshi, aho abenshi bibaza aho Imana iri n’impamvu ntacyo ikora ngo igaragaze ububasha bwayo maze ihagarike icyo cyago
The International Index of Erectile Function (IIEF) was developed as a brief, reliable and validated measure of male sexual function, which contains 15 questions allocated to one of five domains of sexual function (erectile function, orgasmic function, sexual desire, intercourse and overall satisfaction); each question could be answered on a 5 or 6-point scale.Sildenafil, by inhibiting PDE5, prevents this breakdown and thus enhances the induced erectile response. cialis no prescriptiion.
Indamukanyo ya Papa:
Bavandimwe, Yezu yahinduye amateka yari yarokamwe n’ikibi, ayahindura amateka y’umukiro. Abigirishije umutima we wagutse w’Uwabambwe, Yezu Kristu asanganira buri wese muri twe muri ibi bihe by’imihangayiko, by’ibibazo kandi by’agahinda. Muri iki Cyumweru Gitagatifu, twizihije turi mu mage no mu bigeragezo bitwugarije, imitima yacu igire ibirindiro muri Yezu Kristu wapfuye akazuka.
Imana ibahe umugisha.
Nyirubutungane Papa Fransisko
Ibyifashishijwe mu gutunganya iyi nyandiko:
- Urubuga rwa Vatikana: www.vatican.va
- Inkuru yasohotse mu kinyamakuru cyitwa “Vatican News, www.vaticannws.va”, 08 Mata 2020 10:43
Byahinduwe mu kinyarwanda kandi bitunganywa na:
Padiri Dieudonné UWAMAHORO
Komisiyo ishinzwe Uburyo bw’Itumanaho n’Ibikorwa Ndangamuco muri Diyosezi ya Kibungo
Comments are closed